Habiyaremye Bernard mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yiswe Kimashini kubera imbaraga n’umuvuduko yakoresheje mu kwica Abatutsi bo mu gace yari atuyemo, mu Murenge wa Murundi, mu Karere ka Karongi.
Kimashini yavutse mu 1965. Inyandiko z’inkiko Gacaca zigaragaza ko yishe abantu barenga 300 bazwi.
Ku bijyanye no kwicuza, agira ati « Nari umuntu utari we, meze nk’igishushungwa mbese, kuko ibyo nakoze, nta muntu wavuga ngo yabishyira mu mutima we ngo avuge ko ari mwiza. »
Uyu mugabo ashimira gahunda zashyizweho zo kwigisha abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, bakabaha inyigisho zatumye bongera kwisanga mu muryango Nyarwanda.
Anashimira ubumwe n’ubwiyunge, ati « Ubumwe n’ubwiyunge bwabaye bwiza, ni na bwiza, kandi iyo turebye hirya no hino, dusanga u Rwanda rwubatse neza. »
Kimashini yavutse mu 1965. Inyandiko z’inkiko Gacaca zigaragaza ko yishe abantu barenga 300 bazwi.
Ku bijyanye no kwicuza, agira ati « Nari umuntu utari we, meze nk’igishushungwa mbese, kuko ibyo nakoze, nta muntu wavuga ngo yabishyira mu mutima we ngo avuge ko ari mwiza. »
Uyu mugabo ashimira gahunda zashyizweho zo kwigisha abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, bakabaha inyigisho zatumye bongera kwisanga mu muryango Nyarwanda.
Anashimira ubumwe n’ubwiyunge, ati « Ubumwe n’ubwiyunge bwabaye bwiza, ni na bwiza, kandi iyo turebye hirya no hino, dusanga u Rwanda rwubatse neza. »