VERITE-NUE
JF-Expert Member
- Jan 28, 2019
- 1,481
- 1,450
Umugabo wo mu Karere ka Rwamagana uri mu kigero cy'imyaka 39 y'amavuko, yasanzwe
yiyahuye nyuma y'uko abeshywe ko umugore we wari warahukanye yashatswe n'undi mugabo.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kayenzi, mu Kagari ka Karambi, mu Murenge wa Muhazi, mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y'Iburasirazuba, ku wa Gatandatu, tariki ya 29 Ugushyingo 2025, ubwo abana be batabazaga abaturage bari mu muganda rusange.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 28 Ugushyingo 2025, yahamagaye umugore we kuri telefone amubeshya ko abana babo babiri biyahuye mu kiyaga cya Muhazi.
Icyo gihe umugore we wari warahukanye yigiriye inama yo guhamagara abaturanyi ababajije amakuru y'abana be bamubwira ko batiyahuye nk'uko yabibwiwe n'umugabo we.
Umugore amaze kumenya ko yabeshywe n'umugabo we yigiriye inama yo kubeshya umugabo we maze aramuhamagara amubwira ko atazongera kubana na we kuko yamaze no gushaka undi mugabo.
Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko Nizeyimana Jean de Dieu, yiyahuye nyuma yo kugorwa no kurera abana be yasigiwe n'umugore we wahukanye.
Uwo mugabo yapfuye yiyahuye nyuma y'uko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri (2) ariko ntapfe. Inshuro ya Mbere yiyahuye akoresheje umuti wica udukoko twangiza imyaka ariko aravuzwa arakira, nyuma y'igihe nabwo yongeye kugerageza kwiyahura ku nshuro ya kabiri akoresheje umugozi ariko ucika atarapfa.
Usomye iyi nkuru, urasanga uru rugo rumaranye ibibazo igihe kirekire.
Ikibabaje ni uko ibyo ababyeyi bakora, bigira ingaruka ku bana kuruta ababyeyi babo.
yiyahuye nyuma y'uko abeshywe ko umugore we wari warahukanye yashatswe n'undi mugabo.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kayenzi, mu Kagari ka Karambi, mu Murenge wa Muhazi, mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y'Iburasirazuba, ku wa Gatandatu, tariki ya 29 Ugushyingo 2025, ubwo abana be batabazaga abaturage bari mu muganda rusange.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 28 Ugushyingo 2025, yahamagaye umugore we kuri telefone amubeshya ko abana babo babiri biyahuye mu kiyaga cya Muhazi.
Icyo gihe umugore we wari warahukanye yigiriye inama yo guhamagara abaturanyi ababajije amakuru y'abana be bamubwira ko batiyahuye nk'uko yabibwiwe n'umugabo we.
Umugore amaze kumenya ko yabeshywe n'umugabo we yigiriye inama yo kubeshya umugabo we maze aramuhamagara amubwira ko atazongera kubana na we kuko yamaze no gushaka undi mugabo.
Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko Nizeyimana Jean de Dieu, yiyahuye nyuma yo kugorwa no kurera abana be yasigiwe n'umugore we wahukanye.
Uwo mugabo yapfuye yiyahuye nyuma y'uko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri (2) ariko ntapfe. Inshuro ya Mbere yiyahuye akoresheje umuti wica udukoko twangiza imyaka ariko aravuzwa arakira, nyuma y'igihe nabwo yongeye kugerageza kwiyahura ku nshuro ya kabiri akoresheje umugozi ariko ucika atarapfa.
Usomye iyi nkuru, urasanga uru rugo rumaranye ibibazo igihe kirekire.
Ikibabaje ni uko ibyo ababyeyi bakora, bigira ingaruka ku bana kuruta ababyeyi babo.