Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abivuriza ku bwishingizi bwa RAMA, bagiye kujya bemererwa kwivuriza mu mavuriro y’ibanze ‘postes de santé’ aho ku ikubitiro hazaherwa ku mavuriro 15 nk'uburyo bw'igerageza.Kugeza ubu u Rwanda rufite amavuriro y’ibanze 1294 mu gihugu aho abayasabamo serivisi bageze kuri miliyoni enye.